abaganga bometse ikiganza cy'uyu mugabo kukaguru mubushinwa kubera impanuka
Mu ruganda ruri mu Bushinwa , impanuka ikomeye yabaye muri 2015 yari igiye guhindura ubuzima bwa Bwana Zhou burundu ubwo imashini yamucaga ikiganza cy’ibumoso. Icyakora, ubuhanga n’ubushishozi bw’abaganga bo mu bitaro bya "Xiangya" bwanditse amateka mashya mu buvuzi mu gusana ingingo. Ubwo uyu murwayi yagezwaga mu bitaro, itsinda ry’abaganga ryari riyobowe na Dr. Tang Juyu ryasanze imitsi n’inyama by’ukuboko kwe byangiritse cyane, ku buryo bitashobokaga ko ikiganza gihita gisubizwaho ako kanya. Kugira ngo ikiganza kidapfa bitewe n’uko amaraso n’umwuka bitashoboraga gutemberamo neza, aba baganga bafashe umwanzuro utunguranye kandi utamenyerewe. Abaganga bafashe icyo kiganza bacyomeka ku kuguru kwa Bwana Zhou, bahuza imitsi y’amaraso y’ikiganza n’iy’ukuguru kugira ngo gikomeze kubaho. Iki kiganza cyagumye ku kuguru kwe mu gihe cy’ukwezi kose, ari nako abaganga bita ku kuboko kwari kwa komeretse. Nyuma y’uko ukuboko kumaze koroherwa, itsinda ry’abaganga ryasubiye mu nzu y’ubub...