U Rwanda rwemereye Amerika ko rufitanye ubufatanye mu by’umutekano na M23
U Rwanda rwemeje ko rufitanye imikoranire n’uriya mutwe, biciye muri Ambasaderi warwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana.
Ni mu nyandiko uyu mudipolomate yageneye Komite nto ishinzwe Afurika ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika, avuga ku masezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye bigizwemo uruhare na Perezida Donald Trump.
Ku wa Kane tariki ya 22 Mutarama, Chris Smith ukuriye iriya komite yagejeje ku bayigize ijambo ryagarutse ku “guteza imbere amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda biciye mu masezerano ya Washington ya Perezida Trump”.
Ambasaderi Mukantabana mu nyandiko ye, mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda yashimiye Perezida Trump n’ubuyobozi bwe, ku bwo “kuba barashyize imbere inzira y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC ikora ibangikanye n’ubuhuza bwa Qatar hagati ya RDC na AFC/M23.”
Yavuze ko amasezerano ya Washington agaragaza intambwe ikomeye iganisha ku mutekano urambye, amahoro n’iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Mukantabana icyakora yagaragaje ko bibabaje kuba urugomo rwariyongereye mu burasirazuba bwa RDC mu Ukuboza 2025, nyuma gato y’isinywa ry’amasezerano ya Washington.
Yavuze ko uru rugomo “rwatewe n’iyongerwa ry’ingabo n’imitwe ikorera mu bwihisho itaryozwa ibyo ikora, harimo abacanshuro, imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Leta, n’igihugu kimwe.”
Uyu mudipolomate yavuze ko uku kongera ingabo kunyuranyije n’amasezerano y’u Rwanda na RDC ndetse n’ibiganiro bya RDC na AFC/M23.
Yavuze ko ingabo zongerewe mu burasirazuba bwa RDC n’abazoherezayo babaye imbogamizi ikomeye ku mahoro arambye, ndetse agaragaza ko bashaka gusenya intambwe yari imaze guterwa binyuze mu masezerano ya Washington.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika yavuze ko izo ngabo zihungabanya umutekano, mu Ugushyingo no mu Ukuboza 2025 zifatanyije na Guverinoma ya Congo zakoze ibikorwa bigamije “guteza ihohoterwa rikabije mbere gato yo gusinya Amasezerano ya Washington, bagamije gushyira umutwaro w’inshingano ku Rwanda.”
Yunzemo ati: “Mu gusubiza kuri iri hohoterwa, AFC/M23, ibishishikarijwe na Guverinoma yanjye, iherutse gutangira kuva mu mujyi wa Uvira, mu kugaragaza ubushake bwo kugabanya amakimbirane.”
Ambasaderi Mukantabana kandi yagarutse birambuye ku bitero bitandukanye inyeshyamba za FDLR zagiye zigaba ku butaka bw’u Rwanda kuva mu 1997 zikica abaturage, ndetse n’ubwicanyi uwo mutwe w’abajenosideri wagiye ukorera ku butaka bwa Congo Kinshasa mu myaka myinshi ishize.
Mu guhuza ibi bitero n’urugomo rwabaye mu Ukuboza 2025, yavuze ko “byerekana neza impamvu u Rwanda rukeneye kwikingira.”
Yavuze ko u Rwanda rutarajwe gusa ishinga n’ikibazo cy’ubukana bw’ibibazo by’umutekano biva mu burasirazuba bwa RDC gusa, ko ahubwo runafite impungenge ku kibazo cy’amateka y’inyeshyamba zizwi nk’Abacengezi zaje kuvamo FDLR zari hafi yo gusenya igihugu nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Yavuze ko nyuma y’ibitero uyu mutwe wagiye ugaba mu Rwanda, hagati ya 2005, 2008 na 2013 wagiye usezeranya kurambika intwaro ntubikore.
Comments
Post a Comment