abaganga bometse ikiganza cy'uyu mugabo kukaguru mubushinwa kubera impanuka

...

 

Mu ruganda ruri mu Bushinwa🇨🇳, impanuka ikomeye yabaye muri 2015 yari igiye guhindura ubuzima bwa Bwana Zhou burundu ubwo imashini yamucaga ikiganza cy’ibumoso. Icyakora, ubuhanga n’ubushishozi bw’abaganga bo mu bitaro bya "Xiangya" bwanditse amateka mashya mu buvuzi mu gusana ingingo.

Ubwo uyu murwayi yagezwaga mu bitaro, itsinda ry’abaganga ryari riyobowe na Dr. Tang Juyu ryasanze imitsi n’inyama by’ukuboko kwe byangiritse cyane, ku buryo bitashobokaga ko ikiganza gihita gisubizwaho ako kanya. Kugira ngo ikiganza kidapfa bitewe n’uko amaraso n’umwuka bitashoboraga gutemberamo neza, aba baganga bafashe umwanzuro utunguranye kandi utamenyerewe.

Abaganga bafashe icyo kiganza bacyomeka ku kuguru kwa Bwana Zhou, bahuza imitsi y’amaraso y’ikiganza n’iy’ukuguru kugira ngo gikomeze kubaho.
Iki kiganza cyagumye ku kuguru kwe mu gihe cy’ukwezi kose, ari nako abaganga bita ku kuboko kwari kwa komeretse.

Nyuma y’uko ukuboko kumaze koroherwa, itsinda ry’abaganga ryasubiye mu nzu y’ububazi mu gikorwa cyasabaga ubuhanga buhambaye, bakura ikiganza ku kuguru maze bacyomeka aho cyahoze. Kugeza ubu, amakuru aturuka mu bitaro avuga ko Bwana Zhou yagaruye ubushobozi bwo gukoresha intoki ze.

Iyi ntambwe yatewe mu buvuzi yashimwe n'abantu benshi, nk’ikimenyetso cy’aho ikoranabuhanga n’ubushakashatsi mu buvuzi rigeze, byumwihariko mu bu bazi aho bitanga ikizere mu kurengera ubuzima bw’abantu bahuye n’impanuka zikomeye

Comments

Popular posts from this blog

How to Restore Old Photos into Stunning New Ones Using Nano Banana AI

Inote zu Rwanda zakera iza 5000 ni za 2000 zateshejwe agaciro