Posts

RIB yerekanye abantu 11 bashinjwa ibyaha by’ubwambuzi

...
Image
  Kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rw erekanye abantu 11, barimo abagore batatu, bakurikiranweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana cyane cyane kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya. Abatawe muri yombi bakurikiranweho ibyaha bitanu nyuma yo gufatwa bagurisha imitungo itimukanwa y’abandi irimo inzu n’ubutaka. Aba bafashwe bagiye kugurisha umutungo wa miliyari 1 Frw, ndetse bamaze kwishyurwa miliyoni 200 Frw. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko aba 11 barimo abagore batatu n’abagabo umunani batawe muri yombi ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe ubutaka.

Inote zu Rwanda zakera iza 5000 ni za 2000 zateshejwe agaciro

...
Image
 U Rwanda rwatangaje ko inoti za 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw n’iza 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 zitagifite agaciro mu Rwanda, ariko bikazatangira kubahirizwa nyuma y’amezi 12 iteka rya Perezida rizikuraho ritangajwe mu Igazeti ya Repubulika y’u Rwanda. Iteka rya Perezida n° 011/01 ryo ku wa 27 Gashyantare 2026 rikuraho inoti za 500 Frw, iza 1.000 Frw, iya 2.000 Frw n’iza 5.000 Frw rivuga ko inoti ya 500 Frw n’iya 1.000 Frw zashyizweho n’Iteka rya Perezida no 38/01 ryo ku wa 20 Nzeri 2004 rihamya inoti z’amafaranga magana atanu (500 FRW) n’igihumbi (1.000 FRW) zifite agaciro mu Rwanda; inoti ya FRW 500 yashyizweho n’Iteka rya Perezida no 51/01 ryo ku wa 10 Nzeri 2013 rihamya inoti nshya y’amafaranga magana atanu y’amanyarwanda (500 FRW) ifite agaciro mu Rwanda zikuweho kandi zitagifite agaciro mu Rwanda. Izindi noti zakuweho ni iya 1.000 Frw yashyizweho n’Iteka rya Perezida ryo ku wa 15 Ukwakira 2015 n’inoti ya 2.000 Frw yashyizweho n’Iteka rya Perezida ryo ku wa 31 U...

Inzu yahiye i Rubavu inyuma ya etage izwi nka Unit House: Impungenge ku bivugwa ko yatwitswe n’abadayimoni

...
Image
  Mu karere ka Rubavu, mu Mujyi wa Gisenyi, haravugwa inkuru yakomeje gutera impungenge n’urujijo mu baturage, nyuma y’uko inzu iherereye inyuma ya etage izwi cyane nka Unit House yongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro. Iyi nkongi si iya mbere ibaye kuri iyo nzu, kuko no mu kwezi gushize hari indi nkongi yari yarayibasiye, igasiga ibyangiritse bikomeye. Icyongeye gutuma iyi nkuru ikomeza kwibazwaho cyane, ni ibivugwa n’abaturage bamwe ko iyo nzu yaba itwikwa n’“abadayimoni” cyangwa se imbaraga zidasanzwe zitumvikana, bitewe n’uko inkongi ikomeza kwisubiramo hataboneka impamvu ifatika ishingiye ku mashanyarazi cyangwa ku burangare bw’abantu. Iyi nkuru irasesengura byimbitse ibyabaye, uko abaturage babibonye, ingaruka byagize ku baturage n’iterambere ry’aho hantu, ndetse ikanagaruka ku bitekerezo bitandukanye ku mpamvu zishobora kuba zitera izi nkongi zisubiramo. Aho byabereye n’akamaro k’aho hantu Iyo nzu iherereye ahantu h’ingenzi cyane mu mujyi wa Gisenyi, hafi y’inyubako izwi nk...

abaganga bometse ikiganza cy'uyu mugabo kukaguru mubushinwa kubera impanuka

...
Image
  Mu ruganda ruri mu Bushinwa , impanuka ikomeye yabaye muri 2015 yari igiye guhindura ubuzima bwa Bwana Zhou burundu ubwo imashini yamucaga ikiganza cy’ibumoso. Icyakora, ubuhanga n’ubushishozi bw’abaganga bo mu bitaro bya "Xiangya" bwanditse amateka mashya mu buvuzi mu gusana ingingo. Ubwo uyu murwayi yagezwaga mu bitaro, itsinda ry’abaganga ryari riyobowe na Dr. Tang Juyu ryasanze imitsi n’inyama by’ukuboko kwe byangiritse cyane, ku buryo bitashobokaga ko ikiganza gihita gisubizwaho ako kanya. Kugira ngo ikiganza kidapfa bitewe n’uko amaraso n’umwuka bitashoboraga gutemberamo neza, aba baganga bafashe umwanzuro utunguranye kandi utamenyerewe. Abaganga bafashe icyo kiganza bacyomeka ku kuguru kwa Bwana Zhou, bahuza imitsi y’amaraso y’ikiganza n’iy’ukuguru kugira ngo gikomeze kubaho. Iki kiganza cyagumye ku kuguru kwe mu gihe cy’ukwezi kose, ari nako abaganga bita ku kuboko kwari kwa komeretse. Nyuma y’uko ukuboko kumaze koroherwa, itsinda ry’abaganga ryasubiye mu nzu y’ubub...

Umwaka urashize M23 ifashe Goma, FARDC ikarasa i Rubavu

...
Image
Ku itariki nk’iyi ya 26 Mutarama 2025, umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Goma yafashwe nyuma y’imirwano ikomeye yari imaze iminsi ibera mu nkengero zayo. Ni imirwano irimo iyamaze icyumweru kirenga ibera mu bice bya Kibumba na Kanyamahoro, muri Teritwari ya Nyiragongo, ari na ho M23 yanyuze yinjira muri Goma. Ifatwa rya Goma kandi ryabimburiwe n’indi mirwano yasize M23 yigaruriye ibice bitandukanye byo mu burengerazuba bwayo, birimo Umujyi wa Sake. Ni imirwano yasize uwari Guverineri wa Gisirikare w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Général-Major Peter Nkuba Cirimwami yiciwe mu gace ka Kasengezi, ku wa 23 Mutarama 2025. Mu gitondo cyo ku wa 27 Mutarama ubwo M23 biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka yemezaga burundu ko uriya mujyi wafashwe, yasabye abasirikare ba RDC bari bagihari kurambika intwaro, bakazishyikiriza ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’...

U Rwanda rwemereye Amerika ko rufitanye ubufatanye mu by’umutekano na M23

...
Image
   Guverinoma y’u Rwanda yemereye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko ifitanye ubufatanye mu by’umutekano n’umutwe wa AFC/M23, bijyanye no kuba impande zombi zihuriye ku nyungu yo kurinda Abatutsi bamaze igihe bibasirwa n’umutwe wa FDLR n’indi mitwe y’intagondwa ishyigikiwe n’igisirikare cya RDC. U Rwanda rwemeje ko rufitanye imikoranire n’uriya mutwe, biciye muri Ambasaderi warwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana. Ni mu nyandiko uyu mudipolomate yageneye Komite nto ishinzwe Afurika ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika, avuga ku masezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye bigizwemo uruhare na Perezida Donald Trump. Ku wa Kane tariki ya 22 Mutarama, Chris Smith ukuriye iriya komite yagejeje ku bayigize ijambo ryagarutse ku “guteza imbere amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda biciye mu masezerano ya Washington ya Perezida Trump”. Ambasaderi Mukantabana mu nya...

U Rwanda rwemereye Amerika ko rufitanye ubufatanye mu by’umutekano na M23

...
Image
  Guverinoma y’u Rwanda yemereye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko ifitanye ubufatanye mu by’umutekano n’umutwe wa AFC/M23, bijyanye no kuba impande zombi zihuriye ku nyungu yo kurinda Abatutsi bamaze igihe bibasirwa n’umutwe wa FDLR n’indi mitwe y’intagondwa ishyigikiwe n’igisirikare cya RDC. U Rwanda rwemeje ko rufitanye imikoranire n’uriya mutwe, biciye muri Ambasaderi warwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana. Ni mu nyandiko uyu mudipolomate yageneye Komite nto ishinzwe Afurika ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika, avuga ku masezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye bigizwemo uruhare na Perezida Donald Trump. Ku wa Kane tariki ya 22 Mutarama, Chris Smith ukuriye iriya komite yagejeje ku bayigize ijambo ryagarutse ku “guteza imbere amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda biciye mu masezerano ya Washington ya Perezida Trump”. Ambasaderi Mukantabana mu nyandiko ...